Namenye inkuru y'urupfu rwa archidicone namaani zikurikira binyuze kuri www.rwandagospel.com / j.damascene mushakindi.
- Published in Andi Makuru Agezweho
- Written by rwandagospel
- Be the first to comment!
Nyuma yo kumenya urupfu rwa nyakwigendera Archidicone binyuze kuri uru rubuga rwa gikristo nahise numva nagira icyo mbwira abatamuzi bakunda gusoma iyi site, bimwe mu biganiro twagiranye n'amwe mu mateka ye.
Nyakwigendera Archidicone Namaani, nibuka uburyo yajyaga anganirira ivugabutumwa ryo mu gihe cya kera ryakorwaga dore rinatandukanye cyane n'iki gihe tugezemo.
Tuganira yambwiraga muri aya magambo: " twe twajya nko ku isoko tukavuga ubutumwa, abantu ubona bafite inyota yo kumva ijambo ry'Imana ku buryo bazaga ari benshi, bakahava tuhashyize umwarimu, tukajya ahandi gutyo gutyo. Ikindi twararaga mu ngo, kuko aho twageraga baraducumbikiraga, bakatugaburira.
Ntawakwirengagiza ko hari aho binangiraga kubera umuco wo kubandwa n'indi mihango ya gipagani yari yarababase, ariko abagize amahirwe yo kubivamo bahitaga baba abakristo bo mu rwego rukomeye."
Itandukaniro ry’ivugabutumwa rya kera nk’uko uyu nyakwigendera Namaani yajyaga ambwira n’uko bo mu gihe cya kera batatuzaga mu gihe kuri ubu batuza abantu ibyaha bakabona kwakira Yesu Kristo nk’umwami n’umukiza, yagize ati: “ twabwirizaga tuvuga Yesu, uwemeye akabivamo.”
Ku bijyanye n’ubuzima bwa nyakwigendera Archidicone Namaani Zikurikira, yari umuntu ucisha make no gutekereza cyane mbere yo kugusubiza umubajije ikibazo.
Tubibutse ko uyu Zikurikira wasize abana n’abuzukuru, ari we wazanye ububyutse I Gahini, ari na ho ha mbere habanje ivuriro rikomeye nk’uko bikunze kuvugwa n’abakuru.
Jean Damascène MUSHAKINDI / Umusomyi wa www.rwandagospel.com i Gatsibo.


